Nyuma y’aho ashyiriweho n’inama y’aba minisitiri yateranye kuwa 29 Mutarama 2010, akaza kwemezwa na Sena, Madamu KANZAYIRE Bernadette yarahiriye imbere ya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika kuzatunganya neza inshingano nshya yahawe nk’Umuvunyi Wungirije uzaba ushinzwe by’umwihariko ibikorwa byo gukumira no kurwanya akarengane. .
Nk’uko biteganywa n’Itegeko n° 17/2005 ryo ku wa 18/08/2005 rihindura kandi ryuzuza Itegeko n° 23/2003 ryo ku wa 15/08/2003 rigena imiterere n’imikorere y’Urwego rw’Umuvunyi, mu ngingo yaryo ya 1, Urweo rw’Umuvunyi rugizwe n’Umuvunyi Mukuru n’Abavunyi babiri (2). Umuvunyi Mukuru agira manda y’imyaka ine (4), Abavunyi Bungirije bakagira manda y’imyaka itatu (3), izo manda zikaba zakongerwa rimwe gusa.