INAMA MPUZAMAHANGA Y'ABAVUNYI BO MU BIHUGU BY'AFRIKA N'UMUVUNYI WA SUWEDE
ITANGAZO RIGENEWE ABANYAMAKURU
12/10/2009: Ikiganiro mbwirwaruhame (Press Conference)
Mu rwego rwo kumenyesha abaturarwanda imitegurire n’imitunganirize y’inama mpuzamahanga y’Abavunyi bo mu bihugu bya Afurika n’Umuvunyi w’Inteko Ishinga Amategeko mu Gihugu cya Suwedi ku wa mbere tariki ya 12/10/2009, Umuvunyi Mukuru Tito RUTAREMARA yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru ku biro by’Urwego rw’Umuvunyi ku Kimihurura (Ku Kabindi).
Umuvunyi Mukuru yatangarije abanyamakuru ko ubwo Abavunyi bo ku isi bahuriye mu Gihugu cya Suwedi ubwo bizihizaga isabukuru y’imyaka 200 Urwego rw’Umuvunyi rumaze rushinzwe muri icyo gihugu, abayobozi bo mu Gihugu cya Suwedi bavuze ko bifuza kuzizihiza iyi sabukuru ku migabane yose yo ku isi.
Muri Afurika bakaba barahisemo u Rwanda hashingiwe ku miyoborere myiza yarwo igaragarira ku ntambwe rumaze gutera mu guhashya akarengane, ruswa n’ibyaha bifitanye isano na yo, ibi rukabikesha leadership nziza yarwo, ku isonga Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul KAGAME.
Muri iki kiganiro ,Urwego rw’Umuvunyi rwashyize ahagaragara itangazo rigenewe abanyamakuru rikubiyemo uburyo inama yateguwe, abazayitabira, ibiganiro bizayitangirwamo ndetse n’inyungu u Rwanda ruzayikuramo.
| Umuvunyi Magazine PDF |
|---|
| Umuvunyi Magazine N° ya 12 |
| Umuvunyi Magazine N° ya 13 |