Alternate_img
UMUVUNYI MUKURU: Tito RUTAREMARA
Ombudsman_Tito_Pic
Dr. Tito RUTAREMARA yavukiye mu Rwanda mu 1944. Yize amashuli abanza n’igice cy’amashuli yisumbuye mu Rwanda.Yakomereje amashuli yisumbuye Muri Uganda ndetse na Kaminuza.Yize icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu Bidukikije(Géographie) mu gihugu cy’u Bufaransa. Yigiye Impamyabumenyi y’ikirenga (Doctorat) mu igenamigambi n’imicungire by’icyaro mu Bufaransa ahitwa Clermont Ferland).
Yigishije mu mashuli abanza, ayisumbuye ndetse na za Kaminuza. Kuva mu 1987 kugeza mu 1993 yabaye Umunyamabanga Mukuru wa FPR Inkotanyi. Kuva mu 1994 kugeza mu 2000 yabaye Intumwa ya Rubanda (députe) mu Nteko Ishinga Amategeko. Kuva mu 2000 kugeza mu 2003 yabaye Umuyobozi wa Commission yateguye Itegeko Nshinga rya Repubulika y’uRwanda. Kuva mu 2003 kugeza ubu ni Umuvunyi Mukuru w’ uRwanda.
UMUVUNYI WUNGIRIJE: Augustin NZINDUKIYIMANA
Ombudsman_Nzindu_pic
Mr. Augustin NZINDUKIYIMANA yavutse ku  italiki ya 16 z’Ukwezi kwa gatatu 1948 mu Karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo y’u Rwanda.

Afite Impamyabumenyi ya Kaminuza mu by’amategeko kandi yakurikiye amahugurwa atandukanye ku bijyanye no guteza imbere ubucuruzi ndetse n’ibijyanye n’ubucuruzi  bw’umutungo kamere. Ubu arigira Impamyabumenyi y’ikiciro cya gatatu cya Kaminuza (Masters) mu by’imicungire n’Imiyoborere y’ubucuruzi. Ku bijyanye n’imirimo yakoze nk’umwuga ni muri Office y’Amakawa aho yagiye agira inshingano zitandukanye (Umuyobozi wa Section, Umuyobozi wa Service, Umuyobozi wa Ofisi y’amakawa ). Kuva mu 2000 kugeza mu 2004, yabaye  umukomiseri muri  Komisiyo yateguraga Itegekonshinga rya Repubulika y’uRwanda. Kuva muri Werurwe 2006 kugeza mu Kuboza 2006 yabaye Umunyamabanga Uhoraho w’Urwego rw’Umuvunyi. Kuva icyo gihe kugeza ubu ni Umuvunyi wungirije ushinzwe kurwanya Ruswa.