Muhanga: Urwego rw’Umuvunyi rwasabye Abayobozi gukemurira ibibazo by’abaturage mu Nteko z’abaturage
Guhera kuwa mbere tariki ya 6 kugeza ku ya 10 Werurwe 2023 itsinda ry’abakozi b’Urwego rw’Umuvunyi bakoreye ubukangurambaga mu karere ka Muhanga mu rwego rwo kwakira no gukemura ibibazo by’abaturage birimo akarengane na ruswa.
Tariki ya 6/03/2023, ubwo Umuvunyi Mukuru Madamu Nirere Madeleine yahuraga n’abaturage mu murenge wa Nyamabuye, yagaragarijwe ibibazo bitandukanye birimo n’ibyagejejwe ku zindi nzego ariko bikaba bitarakemutse.
Umuvunyi mukuru Nirere Madeleine ashingiye ku bibazo yagejejweho, asanga hakiri icyuho mu nzego z’ibanze mu gukemura ibibazo by’abaturage abasaba ko bakwiye kwifashisha inzira zose zishoboka n’uburyo Leta yashyizeho bagakemurira ibibazo abaturage batarinze gusiragira.
Umuvunyi Mukuru ati’’ Niyo mpamvu dusaba abayobozi ko ibibazo by’abaturage byajya bikemurirwa mu nteko z’abaturage , kuko nibo baba babizi bakabikemura bikarangira, niba ari n’umuturage waburanye agatsindwa akabimenyeshwa, akabyandikirwa ko agomba kubyakira no kwemera imikirize y’urubanza nta kindi ariko n’uwatsinze nawe akarangirizwa urubanza”.

Ku ruhande rw’ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga, Madamu Kayitare Jacqueline umuyobozi wako karere, avuga ko icyo bagiye gukora ari ubukangurambaga abaturage bakareka gusiragira mu manza kuko zibakenesha.
Ati’’ Ni ubukangurambaga kugira ngo abaturage bacu bareke kwishora mu manza , kandi n’uwo byabaye ngombwa akajya mu manza turamusaba kwakira imyanzuro yo mu nkiko kuko iyo atanyuzwe agatinda kujurira usanga icyo dukora twebwe ari ugushyira mu bikorwa iyo myanzuro, ugasanga aterejwe cyamunara biramuhombeje ndetse bikanabatanya n’imiryango kuko bibyara inzangano.’’.

Ibibazo abaturage bagejeje ku Rwego rw’Umuvunyi byiganjemo iby’ubutaka, amakimbirane hagati y’abashakanye nayo ashingiye ku mitungo itimukanwa ndetse n’ibindi bibazo byagejejwe mu nkiko, ariko abaturage bakaba batarishimiye imikirize y’urubanza.

Abatuye akarere ka Muhanga bishimiye uburyo bakiriwe n'Urwego rw'Umuvunyi
